pedri.jpg

Ikipe yakwifuza kugura abakinnyi babiri ba FC Barcelona, yasabwa kwishyura Frw arenga tiriyari ebyiri

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelona yo muri Esipanye ikomeje kwiyubaka mu buryo burambye, yongera amasezerano n’abakinnyi bayo bakiri bato, batanga icyizere cy’ahazaza, ku buryo indi kipe yabifuza byayigora bigendanye n’ubushobozi bw’amafaranga.

Tariki ya 14 Ukwakira 2021, FC Barcelona yatangaje ko igiye kuvugurura amasezerano yayo na Pedro González Lopez uzwi nka Pedri, akazageza tariki ya 30 Kamena 2026, bishyirwa mu bikorwa ku munsi wakurikiyeho.

Iyi kipe yatangaje ko ikipe yakwifuza uyu mukinnyi w’imyaka 18 y’amavuko wabaye umukinnyi wayo kuva tariki ya 20 Kanama 2021, yakwishyura miliyari imwe y’Amayero (byibuze tiriyari y’amafaranga y’u Rwanda).

Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2021 nabwo FC Barcelona yatangaje ko yavuguruye amasezerano na rutahizamu w’imyaka 18 y’amavuko, Ansumani (Ansu) Fati Vieira, akazagira agaciro kugeza tariki ya 30 Kamena 2027.

Iyi kipe ivuga ko iyakwifuza Ansu Fati warerewe mu ishuri ryayo, La Masia kuva mu 2012, yasabwa kwishyura miliyari imwe y’Amayero.

Birumvikane ko ikipe yakwifuza aba bakinnyi bombi, FC Barcelona yayisaba kwishyura miliyari ebyiri z’Amayero. Mu mafaranga y’u Rwanda ni tiriyari 2.4 (Frw 2,364,498,810,000).
pedri.jpg
fati.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *