Ikipe yo muri shampiyona Cristiano Ronaldo akinamo irifuza Lionel Messi

Sangiza iyi nkuru

Kizigenza Lionel Messi uherutse kwegukana igikombe cy’isi yari amaze imyaka irenga cumi n’umunani (18) ahatanira, arifuzwa n’ikipe yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia yitwa Al Hilal ku buryo bikunze yasanga muri iki gihugu Cristiano Ronaldo.

Ikinyamakuru cyandikira muri Espagne, Mundo Deportivo, cyatangaje ko Al Hilal yashyize ku meza imishandiko y’amadolari ya Amerika ibarirwa muri miliyoni 300, ikaba yiteguye kuyihemba Lionel Messi mu mwaka mu gihe yakwemera kuyijyamo.

Kuba uyu munyabigwi wa Argentina asanzwe afitanye umubano mwiza na Saudi Arabia ngo bishobora kumusunikira kwemera ubu busabe bwo, cyane ko asanzwe ambasaderi w’iki gihugu mu by’ubukerarugendo.

Biramutse bikunze ko Lionel Messi yerekaza mu ikipe ya Al Hilal, yahita afata umwanya wa mbere mu bakinnyi bahembwa agatubutse ku Isi, dore ko yaba ahigitse mukeba we, Cristiano Ronaldo ukinira Al Nassr, kuko yaba amurusha miliyoni 70 z’amapawundi ku mushahara w’umwaka.

Al Hilal ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona ya Saudi Arabia, aho iri inyuma ya Al Nassr iyoboye uru rutonde ho amanota atatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *