Ikiryabarezi cyamuhaye akayabo k’amadorari nyuma y’ubukene yatewe na #Gumamurugo

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wo muri Leta ya Virginia ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , yatunguwe n’uburyo yari yihebye ategereje ko gahunda ya Guma murugo irangira ngo ajye kwakira amadolari igihumbi yari yatsindiye bikaza kurangira ahise atsindira akandi kayabo k’amadolari.

Umugabo witwa Jeph Melick yatsindiye ibihumbi ijana na mirongo irindwi na birindwi, magana arindwi na mirongo irindwi n’arindwi ($177,777) ku ntego ya kabiri nyuma y’uko yari yihebye ataka ubukene yatewe na gahunda ya Guma murugo yafashwe nk’imwe mu ngamba zo kwirinda Covid-19 muri iyi Leta.

Ubwo ‘guma murugo yarangiraga abantu bakemererwa gusohoka na serivisi zikongera gukora, Melick yahise yihutira kujya gutora $1000 yari yaratsindiye mu gutega ku mikino y’amahirwe benshi bazi nko ku ‘biryabarezi’. Akimara kuyakira yahise yongera gusheta amadorali 7 ako kanya ahita yongera gutsindira akayabo k’amadolari ($177,777).

Nyuma yo kubona ibi bisa n’ibitangaza yatangaje kubera ubukene yari afite, agiye gukoresha aya mafaranga yatsindiye mu bikorwa byo gufasha abanyamahanga b’aho atuye batishoboye muri ibi bihe, cyane cyane kubahahira ibyo kurya n’ibindi bikenewe by’ibanze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *