Umugore wa Assinapol Rwigara wari umunyemari ukomeye mu mujyi wa Kigali, Adeline Rwigara, yatangaje ko umuryango we witeguye gutsinda urubanza ruhagarika igurishwa mu cyamunara ry’igorofa yabo igeretse kane kuko ngo Imana bakorera izababuranira.
Kuri uyu wa 30 Nzeri 2021 ni bwo Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi ruri i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge rwatesheje agaciro icyemezo urukiko rw’ubucuruzi rwari rwarafashe, giha uruhushya Cogebank ngo igurishe mu cyamunara iyi gorofa.
Uru rukiko rwashingiraga ku kuba iyi banki ivuga ko uruganda Premier Tobaco Company Ltd rw’umuryango wa Rwigara ruyibereyemo umwenda, ariko uyu muryango wo ukabihakana.
Nyuma y’icyemezo cy’urukiko rukuru, Adeline Rwigara wari ufite Bibiliya mu kiganza yabwiye itangazamakuru ko yizeye intsinzi. Ati: “Ubutabera Imana yarabuduhaye rwose, ntabwo Imana izakomeza kurebera imibabaro y’abana bayo. Ubutabera turabufite kandi Imana ntivuguruzwa. Urukiko rwo mu Ijuru twararujuririye…Kandi n’ubu turabibonye, ntabwo Ijuru ritsindwa, nta n’uhangana n’Imana.”
Hashingiwe ku cyemezo urukiko rubanza rwari rwarafashe tariki ya 16 Nzeri 2021, igorofa y’umuryango wa Rwigara ifite agaciro kabarirwa muri miliyari y’amafaranga y’u Rwanda, yari gutezwa kugurishwa mu cyamunara tariki ya 24 Nzeri. Ntabwo byabaye kuko bari barajuriye.


