Imbonerakure ishinjwa gutegura umugambi wo kurwanya manda ya 4 ya Nkurunziza yaburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu Mbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, amaze ibyumweru bibi yaraburiwe irengero, bityo ngo akaba yateguraga rwihisha umugambo wo kuzarwanya manda ya Kane ya Nkurunziza mu gihe yazaba yiyamamaje.

Iyi Mbonerakure yitwa Jean-Marie Harerimana, akaba asanzwe ari umucuruzi mu Ntara ya Gitega. Amakuru akavuga ko yari yatawe muri yombi na polisi ajyanwa ari kumwe n’abandi bantu babiri.

Ikinyamakuru cya radio RPA, gitangaza ko Harerimana ashinjwa gutegura mu ibanga imyigaragambyo yo kwamagana kandidatire ya Perezida Nkurunziza mu matora yo mu 2020. Umuryango we ukaba uhangayitse ku bw’umutekano w’ubuzima bwe.

Amakuru aturuka muri Gitega, avuga ko Jean-Marie Harerimana n’abandi bantu babiri batawe muri yombi ku wa 4 Nyakanga 2019, bafatwa na polisi, umutwe wihariye wa GMIR (Groupement Mobile d’Intervention Rapide).

Bose uko ari batatu bajyanwe gufungirwa muri kasho ya komisariya ya polisi i Gitega, nyuma komiseri wa polisi ngo ategeka ko Harerimana ajyanwa gufungirwa i Bujumbura.

Ku wa 12 ngo abandi baratashye, kuva uwo munsi umuryango wa Harerimana utangira gushakisha muri gereza zose ngo urebe ko ariho yaba yarafungiwe, ariko waramubuze.

Uyu ati “Yajyanwe i Bujumbura, umuryango wagiye gushakira muri BSR ( Bureau spécial de Recherche ) usanga nta makuru ye azwiyo, twifashishije n’abandi bantu bo mu muryango ariko yarabuze muri gereza zose”.

Umuryango wa Harerimana ufite impungenge z’ubuzima bwe, ugasaba ubuyobozi bwa Polisi kuwubwira ho afungiye.

Perezida Nkurunziza yitangarije ko ataziyamamaza kuri manda ya Kane, gusa bamwe bakaba barabyemera nk’ukuri mu gihe amatora ateganijwe umwaka utaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *