Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry, yaburiye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuko ngo ari inkota ishobora gukeba uyikoresheje nabi.
Mu kiganiro yagiranye n’abakoresha urubuga rwa Twitter kuri uyu wa 12 Mutarama 2023, Dr Murangira yavuze ko yashyize imbaraga mu guteza imbere ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, kandi ko ishyigikira ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu buryo bwubaka igihugu.
Yavuze ariko ko abantu bakwiye kwitondera uburyo bazikoresha kuko hari amategeko ashobora guhana abazikoresha nabi mu buryo butandukanye nko: kwiyitirira umuntu cyangwa ikigo runaka, gutangaza amakuru y’ibihuha, kubuza undi amahwemo no gutangaza amakuru y’urukozasoni.
Dr Murangira yagize ati: “Imbuga nkoranyambaga ni inkota ikebesha amugi abiri. Iyo uyikoresheje nabi, iragukeba, wayikoresha neza, ikakurinda. Bivuga ko ishobora gukeba n’uyikoresha, igihe cyose yayikoresheje nabi, […] bikugiraho ingaruka byanze bikunze, ingaruka z’amategeko.”
Umuvugizi wa RIB yatangaje ko nta muntu ukwiriye kwitazwa ko atazi amategeko mu gihe yasohotse mu buryo bwemewe.


