Impaka zavutse mu rukiko, ubwo ubushinjacyaha bwasabiraga ba Colonel babiri mu ngabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo igihano cyo kwicwa, bubashinja gutuma umutwe witwaje intwaro wa M23 ufata umujyi wa Bunagana muri Kamena 2022.
Aba ni Colonel Desiré Lobo wayoboraga Rejima y’3412 na Colonel Jean Marie Diadia wa Diadia wayoboraga Rejima y’3307, zombi zibarizwa muri teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko aba bofisiye bataye ibirindiro byabo muri Kamena 2022 ubwo abarwanyi ba M23 basatiraga umujyi wa Bunagana n’agace ka Gisiza, bituma bahafata hombi. Bubibonamo icyaha cyo kugambanira igihugu.
Ariko aba bofisiye, babinyujije kuri Me Alexis Olenga ubunganira mu mategeko, yasobanuye ko kubasabira igihano cy’urupfu bihabanye n’ingingo ya 58 igenga amategeko ahana abasirikare.
Me Olenga yemeye ko koko aba bofisiye bavuye mu birindiro barimo, ariko ngo babikoze bubahiriza ibwiriza bahawe n’ababakuriye. Ati: “Bahawe ibwiriza na command ryo kuhava kubera ko umwanzi yari yamaze gufunga umuhanda wa Bunagana-Chengerero.”
Aba bofisiye batawe muri yombi muri Nyakanga 2022. Umunyamategeko wabo arasaba ko bagirwa abere.
Inkuru yabanje https://bwiza.com/?RDC-Ba-Colonel-babiri-bashinjwa-gutuma-M23-ifata-Bunagana-no-kuyisigira-intwaro


