Impanuro za ba Jenerali Muganga na Murokore ku bakinnyi ba APR FC bitegura Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru w’Ikipe ya APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gutsinda Rayon Sports nk’uko basanzwe babigenza anababwira ko abizeyeho intsinzi.

Kuri iki Cyumweru ni bwo APR FC igomba kwesurana na Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona uzabera kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Ni umukino amakipe yombi agiye guhuriramo mu gihe imyaka imaze kuba ine Rayon Sports itazi uko gutsinda mukeba wayo bisa.

Mbere y’uko uyu mukino uba ubuyobozi bwa APR FC bwasuye abakinnyi b’iyi kipe, mu rwego rwo kubaha impanuro. Abayobozi basuye abakinnyi bari barangajwe imbere na Lt Gen Mubarakh Muganga wari kumwe na Maj. Gen Eric Murokore umwungirije.

Mu mpanuro yahaye abakinnyi, Lt Gen Muganga yabibukije ko Umunyarwanda aho ari hose arangwa n’intsinzi, bityo na bo bakaba bagomba gukomeza kubyerekana nk’uko bamaze igihe babigenza.

Ati: “Umwanya wacu wa mbere tuwuriho kandi aho twavuye hararangiye. Ubu ni ukureba imbere neza, rero ni ugukomeza dutsinda kuko aho umunyarwanda ari hose atozwa gukomeza kwerekeza imbere nta gusubira inyuma. Nimutsinde bariya bakinnyi bavuye imihanda yose nkuko mu mikino yabanje mwabatsinze, no ku cyumweru mwongere mubyerekane kandi tubizeyeho iyo ntsinzi.”

Lt Gen Mubarakh Muganga yabwiye abakinnyi ba APR FC ko nk’ubuyobozi babari inyuma, ndetse ko ibyo babagomba byose byakozwe kandi bakaba bahishiwe n’ibindi.

Maj Gen Murokore mu mpanuro yahaye abakinnyi we yabibukije ko amahirwe bayafite mu biganza byabo, bityo ko bagomba gutanga intsinzi.

Ati: “Turi hano ngo twongere tubatere ingabo mu bitugu mwongere muduhe intsinzi nk’uko mwagiye mubitumenyereza. N’ubu rero umukino mufite ku cyumweru tubizeyeho kuduha ibyishimo kuko amahirwe ari mu biganza byanyu. Dufite bagenzi bacu bari hirya no hino ku isi navuga Central Africa, Mozambique n’ahandi hose babategerejeho inkuru nziza muri uriya mukino kandi mbizeyeho ubushobozi.”

Afande Murokore yavuze ko Rayon Sports ifite abakinnyi benshi bakomoka mu bihugu bitandukanye ariko ikaba imaze igihe itsindwa na APR FC, abwira abakinnyi b’iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu ko nta cyababuza kongera kuyitsinda.

APR FC igiye gukina na Rayon Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 37, ikarusha amanota ane Rayon Sports kuri ubu iri ku mwanya wa gatanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *