Minisiteri y’ubutegetsi, umutekano n’iterambere ry’abaturage mu Burundi yatangaje ko impunzi z’Abarundi ziba muri Uganda ziratangira gucyurwa.
Itangazo ry’iyi Minisiteri rivuga ko icyiciro cya mbere cy’izi mpunzi kirasesekara ku mupaka wa Kobero mu Ntara ya Muyinga, kuri uyu wa 4 Ukwakira 2021.
Igikorwa cyo gucyura impunzi z’Abarundi ziba muri Uganda gikurikiye icyo gucyura izindi ziba mu bihugu birimo: u Rwanda, Tanzania na Kenya.
Kigiye gutangira nyuma y’aho impunzi 71 ziba muri Uganda zitakiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe impunzi, UNHCR, zimusaba kuzivuganira nazo zigafashwa gutaha.
Urwandiko zamwandikiye tariki ya 17 Kanama 2021, rwashinjaga ishami rya UNHCR muri Uganda kubarangarana. Rwagiraga ruti: “Amezi 12 ashize ibihumbi by’impunzi z’Abarundi ziteguye gutaha ni menshi. Yewe turababaye ariko UNHCR-Uganda ibifata nk’aho nta cyabaye.”
Kubera gutegereza cyane amaso agahera mu kirere, hari zimwe mu mpunzi zageragezaga gutorokera mu bihugu nka Tanzania, u Rwanda na Kenya kugira ngo zifashwe nk’uko n’izihaba zifashwa, gusa ngo inyinshi zagiye zigarurirwa mu nzira, zisubizwa mu nkambi.


