Impunzi z’Abarundi zicumbitse mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zikomeje gutabaza, zivuga ko iki gihugu kiri kubahatira gusubira mu gihugu cyabo ku ngufu.
Ku wa 1 Ukwakira 2025, habaye inama idasanzwe yabereye mu nkambi ya Nyarugusu, iyobowe na Bwana Georges Ndalo, ushinzwe ibijyanye n’uburezi muri UNHCR. Iyi nama yahuje abagenzuzi, abahagarariye amashuri ndetse n’abayobozi bayo.
Mu butumwa bwe, Bwana Ndalo yasobanuye ko ifungwa ry’amashuri yose y’impunzi ryafashwe mu bufatanye hagati ya guverinoma ya Tanzania n’iya Burundi, avuga ko mu Burundi amahoro yagarutse kandi ko nta mpamvu yo gukomeza amashuri mu nkambi. Yasabye abayobozi b’amashuri kumuha raporo zemeza ko amashuri yabo afunzwe.
Ibi byakurikiwe no gufunga n’insengero impunzi zasengeragamo, ibintu byasigiye benshi urujijo no kwibaza ku burenganzira bwabo bwo gusenga no kwiga.
Bamwe mu mpunzi bavuga ko bahangayikishijwe n’iyi myanzuro kuko mu Burundi hakigaragara ibikorwa byo kuburirwa irengero kw’abantu, ugufungwa ku mpamvu za politiki n’iyicarubozo, bigatuma batabona umutekano wo gusubira iwabo.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu bamaganye icyemezo cya UNHCR cyo gushyigikira iki gikorwa, bavuga ko ari “uguta mu mutego” impunzi z’Abarundi kandi zikiri mu kaga.
Kugeza ubu, impunzi zisaba amahanga, imiryango y’uburenganzira bwa muntu n’imiryango mpuzamahanga guhatira Tanzania na UNHCR guhagarika icyemezo cyose cyaganisha ku gusubiza impunzi ku ngufu, ahubwo hakitabwa ku burenganzira n’umutekano wazo.


