Kuwa 12 Nzeri 2017, nibwo imikino ya UEFA Champions League 2017-2018 yatangiye, ni imikino ihuza amakipe y’i Burayi yabaye aya mbere iwayo.
Umunsi wa mbere w’iyi mikino waranzwe n’ibitego byinshi ku makipe yabashije gutsinda, aya makipe yakinnye akaba agabanyije mu matsinda 4 ya mbere (A, B, C, D).
Dore uko imikino yo ku munsi wa mbere yagenze
Itsinda A
Manchester United 3-0 Basel
Benfica 1-2 CSKA Moscow
Itsinda B
Celtic 0-5 Paris Saint-Germain
Bayern Munich 3-0 Anderlecht
Itsinda C
Roma 0-0 Atletico
Chelsea 6-0 Qarabag
Itsinda D
Olympiacos 2-3 Sporting CP
Barcelona 3-0 Juventus
Kuri uyu wa 13 Nzeli, imikino yakomereje mu matsinda (E, F, G, H) aho ikipe zagiye zakirana muri ubu buryo bukurikira:
Itsinda E
Liverpool vs Sevilla
Maribor vs Spartak Moscow
Itsinda F
Shakhtar Donetsk vs Napoli
Feyenoord vs Manchester City
Itsinda G
FC Porto vs Besiktas
RB Leipzig vs As Monaco
Itsinda H
Tottenham vs Borussia Dortmund
Real Madrid vs APOEL Nicosia
UEFA Champions League 2017-2018, igiye kuba ku nshuro yayo ya 63, ikaba kandi ari ku nshuro kandi ya 26 itangiye kwitwa UEFA Champions League kuko mbere ya ho yitwaga European Champion Clubs Cup, iyi mikino yose ikaba izajya iba ku isaha ya saa 20h45’ za hano mu Rwanda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana — Bwiza.com


