Indi tariki M23 yahawe yo kurekura ibice yafashe yageze

Sangiza iyi nkuru

Indi tariki umutwe witwaje intwaro wa M23 wahawe ngo utangire kurekura ibice wafashe mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yageze.

Iyi tariki, iya 28 Gashyantare 2023, yemejwe n’abagaba bakuru b’ingabo zo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ubwo bari bahuriye mu nama i Nairobi tariki ya 9 uku kwezi.

Aba bagaba bakuru basabye abarwanyi ba M23 kubahiriza iki cyemezo mu gihe cy’iminsi 30, guhera kuri uyu wa 28 Gashyantare.

Iyi tariki igeze mu gihe abarwanyi ba M23 bamaze iminsi mu mirwano ikomeye n’ingabo za RDC muri teritwari ya Masisi, mu duce twa Mushaki hafi y’umujyi wa Sake na Rubaya ikungahaye ku mabuye y’agaciro.

M23, nyuma yo gufata Mushaki na Rubaya, bivugwa ko kuri uyu wa 27 Gashyantare yarashe indege y’intambara y’igisirikare cya RDC yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 mu gihe yayigabagaho igitero.

Igisirikare cya RDC kiremeza ko M23 yanze kubahiriza umwanzuro wo guhagarika imirwano no gusubira inyuma, ariko na M23 yemeza ko igisirikare cya Leta ari cyo cyawurenzeho, ikaba ari yo mpamvu intambara yakomeje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *