Umuryango mpuzamahanga wita ku bana UNICEF uratangaza ko umubare w’abarwayi ba kolera mu mpunzi z’abanya-Sudani mu nkambi zitandukanye ukomekuzamuka umunsi ku wundi.
[ad id=”44145″]
Umubare munini w’impunzi ziri kwibasirwa n’iki cyorezo ukaba uri kugaragara mu mpunzi ziri mu nkambi zitandukanye mu gihugu cya Uganda.
Nk’uko bitangazwa na Dr Rabbin Drabe, umwe mu bakozi ba UNICEF avuga ko mu nkambi 2 ziri mu majyaruguru ya Uganda hamaze kubarurwa abarwayi basaga 213 ba korela ariko agaragaza ko 2 gusa aribo bamaze guhitanwa nayo.
Uyu muryango utangaza ko iki cyorezo giterwa n’umwanda uri muri izi nkambi, aba barwayi bakaba ari abamaze kuboneka mu mezi atarenze 4 gusa.
Kugeza ubu nta kirabasha gukorwa mu rwego rwo guhangana n’iyi ndwara, aho uyu muryango wa UNICEF watangiye wita ku ndwara zandu zibasira abana, aho byibuze ibihumbi bisaga 125 bamaze gukingirwa. Leta ya Sudani y’Epfo izi mpunzi zikomokamo ivugwaho kuba nta bushobozi ifite bwo kwita kuri izi mpunzi ziri mu mahanga.
[ad id=”44145″]
Leta ya Uganda iravugwaho kuba icumbikiye impunzi z’Abanya-Sudani y’epfo zikabakaba mu 258,502 guhera mu kwa 7, inkambi nini ya Bidi Bidi ikaba yihariye ibihumbi bigera kuri 179,553.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@bwiza.com


