Ingabo z’u Rwanda zakozanyijeho n’inyeshyamba muri Mozambique, abaperezida babiri bararusimbuka; inkuru z’icyumweru

Sangiza iyi nkuru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 19 Nyakanga 2021 cyaranzwe n’inkuru ziganjemo cyane izirebana n’umutekano, ikoranabuhanga n’imikino.

Muri zo harimo iz’ingenzi zikurikira:

Ingabo z’u Rwanda zivuganye inyeshyamba muri Mozambique

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique tariki ya 20 Nyakanga 2021 barasanye n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu umaze imyaka itatu uhungabanya umutekano waho.

Ibitangazamakuru byo muri Mozambique byatangaje ko iyi mirwano yabereye mu gace ka Palma mu Karere ka Afungi, abasirikare b’u Rwanda bahicira abarwanyi 30, abandi bahunga bagana ku mupaka uhuza Mozambique na Tanzania.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yemeje ko habayeho iyi mirwano, gusa ntabwo yemeje niba koko abasirikare barishe abarwanyi b’uyu mutwe wiyita Al Shabaab 30.

Pegasus mu butasi

Tariki ya 19 Nyakanga 2021, umuryango Forbiden Stories w’abanyamakuru bakora ubucukumbuzi ku bufatanye na Amnesty International uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yahishuye amakuru ari ku rutonde rw’abantu telefone zabo zumvirizwa hifashishijwe porogaramu ya Pegasus yakozwe n’ikigo NSO Group cyo muri Israeli.

Uru rutonde rwagaragayeho abumvirijwe barimo: Perezida w’u Bufaransa, Umwami wa Maroc, Perezida Cyril Ramaphosa wo muri Afurika y’Epfo, Minisitiri w’Intebe w’u Burundi n’abandi bose hamwe babarirwa mu 50,000.

Ibihugu byagaragaye muri ubu bucukumbuzi bishinjwa kumviriza telefone z’aba bantu birimo Maroc, u Rwanda, Algeria, Togo,…. U Rwanda rwo rwarabihakanye ruvuga ko nta bushobozi rufite bwo gukoresha iyi porogaramu cyane ko ihanze. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

Umukinnyi wambitswe impeta n’uwo bahuje igitsina yateje impaka

Guhera tariki ya 19 Nyakanga 2021, byamenyekanye ko kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abagore ya Basketball, Henderson Tierra Monay yambitswe impeta n’umukobwa mugenzi we witwa Amanda Thompson.

Ni inkuru yakiriwe n’Abanyarwanda mu buryo butandukanye, bamwe muri bo bavugaga ko aba bakobwa bakoze amahano, abandi bavuga ko nta gikuba baciye kuko ibyo ari uburenganzira bwabo.

Muri izi mpaka, hari abifuje kumenya icyo Leta cyangwa umwe mu bakozi bayo yavuga kuri iki gikorwa Tierra na Amanda bakoze, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard avuga ko ari igikorwa kidakwiye guhagurutsa Leta ngo igire icyo igikoraho cyane ko cyakozwe n’ababyihitiyemo.

Abantu 19 bafashwe bamaze umwaka n’igice mu rwuri

Ubuyobozi mu Karere ka Nyagatare tariki ya 24 Nyakanga 2021 bwafashe abaturage 19 bamaze umwaka n’igice mu rwuri ruherereye mu murenge wa Karangazi ngo bahashakira Imana, bamwe muri bo bakaba barataye imiryango yabo.

Aba baturage batagira icyangombwa kibaranga, bafashwe hashingiwe ku makuru yari yatanzwe na nyir’urwuri witwa Bayingana David.

Nta kindi cyamenyekanye ubuyobozi bwakoreye aba baturage keretse kubakura muri uru rwuri, bakanigishwa ko Imana itaba mu rwuri gusa, n’ahandi hose ihaba nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wa Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliette.

Afurika: Ba Perezida babiri bari bivuganywe

Tariki ya 20 Nyakanga 2021, abagabo babiri bagerageje kwivugana Perezida wa Mali w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta bamusanze mu musigiti uherereye mu mujyi wa Bamako ubwo yari yitabiriye umunsi w’igitambo w’Abasilamu uzwi nka Eid al-Adha.

Nk’uko ubuyobozi bw’uyu musigiti bwabitangaje, umwe muri aba bagabo yagerageje gutera icyuma Perezida Goïta ariko ntibyamukundira. Bombi batawe muri yombi.

Tariki ya 22 Nyakanga 2021, ubushinjacyaha bwa Madagascar bwatangaje ko buri gukurkirna abantu batandatu barimo Umufaransa, bagerageje kwica Perezida Andry Rajoelina n’abandi bayobozi bakuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *