Kuri uyu wa Kane biravugwa ko Ingabo za Guverinoma ya Ethiopia zifatanyije n’iza Eritrea zagabye igitero ku nyeshyamba za TPLF mu ntara ya Tigray iherereye mu majyaruguru ya Ethiopia, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’izi nyeshyamba nubwo Reuters ivuga ko itashoboye kugenzura aya makuru.
Getachew Reda, Umuvugizi wa TPLF, abinyujije kuri Twitter yavuze ko “izo ngabo z’ibihugu byombi zagabye ibitero bine simusiga mu gitondo cya kare mu gace ka Adyabo gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Tigray!”
Umuvugizi wa Guverinoma ya Ethiopia, Legesse Tulu, Umuvugizi w’ingabo, Colonel Getnet Adane n’Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe, Billene Seyoum, ntabwo bahise basubiza icyifuzo cyo kugira icyo bavuga kuri ibi birego bya TPLF. Minisitiri w’itangazamakuru muri Eritrea, Yemane Gebremeskel na we yanze kugira icyo avuga.
Kuri uyu wa Gatatu ushize, guverinoma yasohoye itangazo ishinja ingabo za TPLF kugaba ibitero byinshi ku ngabo za leta.
Impande zombi zirashinjanya kurenga ku ihagarikwa ry’intambara.
Intambara ibera muri Ethiopia yibasiye iyi ntara kandi ihungabanya igihugu cya kabiri muri Afurika gituwe cyane, igihugu gikomeye muri diplomasi kibarizwamo icyicaro cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kandi cyatanze ingabo nyinshi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.
Ku wa Gatatu, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yasabye Guverinoma ya Ethiopia na TPLF “guhita bahagarika ibikorwa bya gisirikare” kandi bagakora ibishoboka ngo amakimbirane arangire.
Eritereya yohereje ingabo muri Tigray kugira ngo zunganire igisirikare cya Ethiopia ako kanya intambara igitangira mu Gushyingo 2020, nubwo ibihugu byombi byahakanye ku mugaragaro ko bahari mu gihe cy’amezi agera kuri atanu kubera ibirego bashinjwaga byo gufata ku ngufu, kwica abaturage benshi ndetse no gusahura.
Abanya Eritrea bahakanye ibyo birego.


