Ingabo za Ethiopia zambuye inyeshyamba za TPLF umujyi wa Shire

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, Ingabo za guverinoma ya Ethiopia n’abafatanyabikorwa bazo bafashe Shire, umwe mu mijyi minini yo mu majyaruguru ya Tigray, ziwambuye ingabo za TPLF bagiye barwana no kuva mu mpera za 2020, nk’uko byatangajwe n’abadipolomate n’abashinzwe ubutabazi .

Shire ni umujyi uri nko mu bilometero 140 mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umurwa mukuru wa Tigray witwa Mekelle kandi ucumbikiye abantu ibihumbi mirongo bavanywe mu byabo mu turere tuberamo amakimbirane nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Ubwo amakuru y’ifatwa rya Shire yari amaze kumenyekana, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye ko imirwano ibera muri Tigray yahita ihagarara ndetse no gusubira mu biganiro by’amahoro byatewe inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.

Guterres yabwiye abanyamakuru ko Umuryango w’Abibumbye witeguye gutera inkunga uyu muryango mu buryo bwose bushoboka kugira ngo abaturage ba Ethiopia bave mu “nzozi mbi”.

Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi wavuze ko ibitero by’ingabo za Ethiopia na Eritrea bigomba guhita bihagarara naho Eritrea ikava ku butaka bwa Ethiopia. Yasabye kandi ingabo za TPLF kwirinda ibindi bikorwa bya gisirikare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *