Ingabo za SADC zongejwe ukwezi muri Cabo Delgado, mu gihe ibyihebe byazuye umugara

Sangiza iyi nkuru

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo (SADC) bafashe icyemezo cyo kongeza ukwezi ingabo z’ibihugu biwugize ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Nk’uko VOA Portugues ibivuga, iki cyemezo cyafatiwe mu nama yayobowe n’Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango akaba na Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, kuri uyu wa 14 Nyakanga 2022.

Izi ngabo zageze muri Cabo Delgado guhera muri Kanama 2022, zongejwe iki gihugu mu gihe abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa wegamiye kuri Islamic State, IS-Mozambique byongeye gukaza ibitero.

Aba barwanyi baherutse gutangaza ko bishe abantu 33 barimo abasirikare 10, basenya inzu 250 zirimo izo abaturage babamo n’insengero 9. Berekanye kandi ibikoresho byinshi bya gisirikare bafashe birimo imbunda, amasasu y’ubwoko butandukanye, ibikoresho by’itumanaho n’impuzankano y’igisirikare.

Ibi bitero byakajijwe guhera mu ntangiriro za Kamena 2022 mu duce twa Nangade, Ancuabe, Macomia, Chiure, Maidumbe, Nampula, ahari ibirindiro by’ingabo za Mozambique.

Soma inkuru y’ibi bitero hano https://bwiza.com/?Cabo-Delgado-Ibyihebe-byagaragaje-intwaro-nyinshi-byambuye-ingabo-za-Leta

Ubutumwa bw’ingabo z’ibihugu bya SADC bwagombaga kurangira kuri uyu wa 15 Nyakanga 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *