Ingabo za Ukraine zirizeza USA ko mu mezi atageze kuri 6 zaba zamenye gukoresha F-16

Sangiza iyi nkuru

Umugaba w’ingabo za Ukraine zirwanira mu kirere, General Serhii Hulubtsov, yatangaje ko igeragezwa ryakozwe ryagaragaje ko abapilote babo bashobora gukoresha indege z’indwanyi za Falcon F-16 zikorerwa muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu gihe kiri munsi y’amezi atandatu.

Gen. Serhii yatangaje ko iri gerageza ryakorewe ku bapilote bo muri Ukraine babiri mu byumweru bitatu. Mu kiganiro na The Times, yagize ati: “Bamazeyo ibyumweru bitatu, batojwe uko batwarira hamwe F-16 nk’abapilote babiri. Umusaruro waje ari mwiza cyane. Abapilote b’AbanyaUkraine bashobora kugurutsa no gukoresha intwaro za F-16 mu gihe kitageze ku mezi atandatu.”

Uyu musirikare atanze iki cyizere nyuma y’aho umuryango w’ubwirinzi wa NATO utangaje ko byatwara abapilote mu ngabo za Ukraine imyaka kugira ngo bamenye gukoresha indege za Falcon F-16.

Gen. Serhii avuga ko hari abasirikare b’igihugu cye bamenya byihuse gukoresha F-16 bakomeje gupfa kubera ko batarazihabwa, ashimangira icyifuzo cya Leta ya Ukraine cyo guhabwa ubu bwoko bw’indege z’intambara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *