Kuri uyu wa Gatandatu ushize, byibuze abantu 35 biciwe mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Benin nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye mu iduka aho abatangabuhamya bavuze ko intandaro ari peteroli yari iri gupakururwa, nk’uko uhagarariye minisiteri y’ubutabera yabitangaje.
Inkongi y’umuriro yadutse ku isaha ya saa 0930 ku isaha yo muri Benin mu gace ka Seme-Podji, hafi y’umupaka na Nigeria.
Umushinjacyaha Abdoubaki Adam-Bongle mu itangazo rya minisiteri yagize ati: “Inkongi y’umuriro yatwitse iduka irarikongora kandi ukurikije isuzuma ry’ibanze yatumye hapfa abantu 35 barimo umwana umwe”.
“Abatangabuhamya babajijwe bavuga ko umuriro ushobora kuba waratangiye mu gihe cyo gupakurura petelori.”
Itangazo rivuga ko abandi barenga icumi bakomeretse bikabije kandi barimo kuvurirwa mu bitaro nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Video yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari iy’umuriro, yerekana umunara w’umwotsi wirabura n’ikibatsi cy’umuriro mu kirere hejuru y’ahantu hasa n’isoko hagaragara abantu baguye mu kantu.


