Inyeshyamba 7000 za ADF zimaze kwicwa kuva mu Kuboza 2021 – Lt. Gen. Muhoozi

Sangiza iyi nkuru

Ibikorwa bya gisirikare bihuriweho n’Ingabo za Uganda (UPDF) n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bizwi nka Operation Shujaa, ngo bimaze guhitana inyeshyamba 7000 za ADF mu burasirazuba bwa Congo kuva mu Kuboza 2021 .

“Mu mezi 10 ashize, ingabo za UPDF na FARDC zivuganye abetarabwoba ba ADF batari munsi y’ibihumbi birindwi,” uyu ni umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, muri iyi weekend ishize.

Yakomeje agira ati “ Twagaruye amahoro mu bice binini bya Kivu y’Amajyaruguru. Ubu nibwo buzima maze imyaka 28 mbayemo….ntanga umusanzu ku mahoro n’umutekano by’igihugu cyacu,”

Ibyo Muhoozi yavuze byatangajwe na Lt. Col. Chris Magezi kuri uyu wa Gatandatu ushize muri Kaminuza ya Makerere mu muhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basoje amasomo y’icyiciro cya 2 cya kaminuza mu mwaka wa 2020/21 nk’uko tubikesha Chimpreports.

Ingabo za Uganda n’iza Congo zatangije ibikorwa bihuriweho byo kurwanya inyeshyamba za ADF muri Kivu y’Amaajyaruguru nyuma y’aho izi nyeshyamba ziturikije ibisasu bigahitana abantu benshi muri Uganda rwagati mu mwaka ushize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *