Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe y’Igihugu ya Sénégal, nyuma yo gutwara Igikombe cya Afurika itsinze ku mukino wa nyuma Maroc.
Igitego cyo ku munota wa 94 w’umukino cya Pape Gueye cyari gihagije ngo Les Lions de la Téranga yegukane CAN ya 2026, nyuma yo gutsinda Les Lions de l’Atlas igitego 1-0.
Cyari igikombe cya kabiri cya Afurika Sénégal itwaye, nyuma y’icyo muri 2021 iyi kipe yatwaye itsinze ku mukino wa nyuma Misiri.
Perezida Paul wari kumwe n’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, bari mu banyacyubahiro bari bicaye muri Stade yitiriwe igikomangoma Moulay Abdellah y’i Rabat uriya mukino wabereyemo.
Sénégal yegukanye Igikombe cya Afurika mu gihe umukino wayo na Maroc wari waranzwe n’ibyemezo bitavugwaho rumwe byagiye bifatwa n’umunye-Congo Jean Jacques Ndala wasifuye uriya mukino, birimo Penaliti yo ku munota wa 90+6 w’umukino yahawe Maroc bigatuma umutoza Pape Thiaw wa Sénégal afata icyemezo cyo kuvana abakinnyi be mu kibuga.
Ni Penaliti yatanzwe nyuma y’iminota ine Sénégal itsinze igitego bikarangira Ndala acyanze.
Perezida Paul Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yashimangiye ko Sénégal yari ikwiye kiriya gikombe yatwaye.
Ati: “Nshimiye mbikuye ku mutima Les Lions de la Téranga ku bwo gutwara CAN ibikwiye, umusaruro ushimishije ugaragaza kwihangana, ubumwe n’ubudasa.”
Umukuru w’Igihugu kandi yashimiye Maroc ku bw'”umukino mwiza” yagaragaje muri ririya rushanwa kiriya gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika cyateguye neza, ikindi ikaba yarakiriye abantu neza.


