Ishyaka rya Kamerhe ryaje inyuma ya UDPS mu kugira imyanya myinshi mu nteko

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo yigenga y’amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENI) yasohoye mu rukerera rwo ku Cyumweru, itariki ya 14 Mutarama, urutonde rw’abadepite 477 b’igihugu batowe by’agateganyo. Kandi nkuko byari byitezwe, ishyaka Union pour la nation congolaise (UNC) rya Vital Kamerhe ryabonye imyanya 36 mu nteko ishinga amategeko y’igihugu riba irya kabiri rifite imyanya myinshi nyuma ya UDPS.

Kamerhe ufatwa nk’umufatanyabikorwa n’“umwizerwa” ku mukuru w’igihugu, Félix-Antoine Tshisekedi, yabonye imitwe ihuriro rye rya politiki «  Action des alliés et Union pour la nation congolaise  » (A/A-UNC) ribona imyanya 7.2% mu nteko ishinga amategeko ya Congo, birishyira ku mwanya wa kabiri mu mahuriro ahagarariwe inyuma ya Union pour la démocratie et le progrès social (UDPS), yatsindiye imyanya 69.

Mu gihe hagitegerejwe ko urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga rwemeza bidasubirwaho ibyavuye mu matora, Vital Kamerhe n’itsinda rye bagomba kugira uruhare runini mu ishingwa rya guverinoma ritaha nk’uko tubikesha politico.cd.

Nk’umunyamuryango w’ihuriro Union sacrée de la nation (USN) no kuba ishyaka rya kabiri rifite ubwiganze mu Nteko ishinga amategeko, uruhande rwa Kamerhe narwo rwizeye kuba ku isonga muri manda y’imyaka itanu iri imbere ya Félix-Antoine Tshisekedi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *