Isiraheli yashimangiye ko iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas i Beirut kitari igitero cyagabwe kuri Libani, mu gihe abanzi bayo bayiburiye ko izabona “igihano” kubera ‘urupfu’ rwe.
Umuvugizi wa Isiraheli yavuze ko Saleh al-Arouri yapfuye azize “igitero kidasanzwe ku buyobozi bwa Hamas”.
Hamas yamaganye urwo rupfu, mu gihe umufatanyabikorwa wa yo, Hezbollah, we yavuze ko ari igitero ku busugire bwa Libani.
Hagati aho, minisitiri w’intebe wa Libani, yashinje Isiraheli kugerageza “gukurura Libani mu … guhangana”.
Ibitangazamakuru byo muri Libani bivuga ko Arouri, umuyobozi wungirije wa politiki wa Hamas, yiciwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote mu majyepfo ya Beirut hamwe n’abandi batandatu – abayobozi babiri b’ingabo za Hamas n’abandi banyamuryango bane.
Yari umuntu ukomeye muri Brigade ya Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, akaba n’umufasha wa hafi wa Ismail Haniyeh, umuyobozi wa Hamas. Yari muri Libani akora nk’umuhuza hagati ya Hamas na Hezbollah.


