2743696-esmail-khatib-iran-s-intelligence-minister-and-hezbollah-linked-commander-may-have-been-killed-in-israel-airstrikes-as-per-reports.

Israel yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran

Igisirikare cya Israel (IDF) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe, cyatangaje ko cyivuganye Esmail Khatib wari Minisitiri wa Iran ushinzwe ubutasi.

Khatib yiciwe “mu bitero byageze ku ntego zabyo” ingabo za Israel zagabye i Tehran mu ijoro ryacyeye.

IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Minisiteri y’Ubutasi uriya mugabo yari akuriye yagize uruhare rukomeye mu gufasha ubutegetsi bwa Iran mu bikorwa byo “gukandamiza abaturage no gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba”, ndetse ko na we ubwe yagize uruhare rukomeye mu “gufata no kwica abigaragambyaga” mu gihe cy’urugomo riherutse gukorerwa abigaragambyaga muri Iran.

IDF yunzemo iti: “Iyicwa rye ririyongera ku zindi mpfu nyinshi z’abayobozi bakuru b’iyo leta y’iterabwoba, kandi ryagabanyije cyane ubushobozi bw’iyo leta mu kuyobora no kugenzura ibikorwa byayo.”

Iran ntiragira icyo itangaza ku makuru y’urupfu rwa Khatib.

Uyu mugabo yishwe nyuma ya Ali Larijani wari Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran wishwe ejo ku wa Kabiri.

Usibye i Tehran, amakuru avuga ko Israel yanagabye uruhererekane rw’ibitero i Beirut muri Liban, aho ikomeje guhanganira n’umutwe wa Hezbollah wo muri iki gihugu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *