Abakoloneli babiri mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo “FARDC”, ari bo; Mukalenga Shendeko na Kayumba Sumaili, bakatiwe igihano cy’urupfu hanyuma birukanwa mu gisirikare hamwe n’abandi basirikare 3, umwe muri bo akaba ari guhunga nyuma yokubahamya kugira uruhare mu iyicwa ry’Abashinwa babiri .
Ku wa Gatanu, itariki ya 14 Ukwakira 2022, Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri, rwatanze imyanzuro yarwo, rwemeza ko abo basirikare ba FARDC bahamwa n’icyaha cy’ubugizi bwa nabi no kwica Abashinwa babiri muri Werurwe uyu mwaka.
Byongeye kandi, abandi basirikare 4 baregwaga muri ii dosiye bakatiwe igifungo cy’imyaka 10 bazira kurenga ku mabwiriza, ndetse banirukanwa mu gisirikare nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7cd ikomeza ivuga.
Urukiko rwa Gisirikare kandi rwasabye abahamwe n’icyaha gusubiza udutafari 4 twa zahabu n’amadorari 6.000 batwaye.
Ku ya 17 Werurwe 2022, aba bakoloneli bombi hamwe na bagenzi babo bareganwa bafatanyije kugaba igitero ku modoka y’abashinwa mu karere ka Nderembi muri Teritwari ya Irumu, hafi y’umujyi wa Bunia.
Abashinwa babiri biciwe muri iki gitero, udutafari 4 twa zahabu n’amadolari 6.000 byibwa n’abo basirikare.
Twabibutsa ko uru rubanza rwateguwe n’urukiko rwa gisirikare rwa Ituri ruyobowe na Dienga Akelele, rwamaze amezi abiri. Iburanisha ryabereye mu ruhame muri Bunia.


