Jiang Zemin wahoze ari umuyobozi w’u Bushinwa yapfuye ku myaka 96 y’amavuko

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umuyobozi w’u Bushinwa, Jiang Zemin, wageze ku butegetsi nyuma y’imyigaragambyo ya Tiananmen Square, yapfuye afite imyaka 96 .

Ibitangazamakuru bya Leta byavuze ko yapfuye nyuma ya saa sita i Shanghai kuri uyu wa Gatatu nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Umwe mu bantu bakomeye mu mateka y’u Bushinwa mu myaka ya vuba aha, yayoboye igihe u Bushinwa bwakinguriraga imiryango yabwo Isi ku rugero runini kandi bukabona iterambere ryihuse.

Urupfu rwe ruje mu gihe Abashinwa bari mu myigaragambyo ikomeye cyane itarigeze ibaho kuva ku yabereye i Tiananmen mu 1989, aho benshi bigaragambije banga ingamba zikakaye zo kwirinda Covid.

Ishyaka rya gikomunisiti ry’Abashinwa ryatangaje ko yapfuye azize indwara ya leukemia no kunanirwa kw’ingingo nyinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *