Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Kabuga Félicien wagaragaje ko utewe impungenge n’ubuzima bwe mu gihe amaze umwaka urenga akurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nk’uko bigaragara mu itangazo washyize hanze tariki ya 3 Kanama 2021, uvuga ko Kabuga w’imyaka 88 y’amavuko ufungiwe muri kasho y’urwego rw’ubutabera rw’Umuryango w’Abibumbye (UN) rwashyiriweho u Rwanda, i La Haye mu Buholandi ubuzima bwe buri mu kaga.

Wagize uti: “Kuva mu mwaka urenga Félicien Kabuga yafungwa, ubuzima bwe bwakomeje kujya mu kaga. Ku myaka y’amavuko hafi 90, yaramanjiriwe, ari mu rujijo, aranarembye. Ntabwo azi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho.”

Uyu muryango uvuga ko Kabuga yimwe uburenganzira bw’ibanze nk’umufungwa, nk’ubwo kubona umunyamategeko mwiza, cyane ko uwo asanganwe ngo yananiwe kuvugana na we n’umuryango, uti: “Ahubwo akorera mu nyungu ze tutemera. Umuryango waheze mu rwijiji, utewe impungenge n’umubyeyi.”

Ushingiye ku kuba ubuzima bwa Kabuga butameze neza nk’uko ubivuga, n’uko uhamya ko imitekerereze ye idakora neza, uvuga ko utewe impungenge n’uko atabona ubutabera.

Umuryango wa Kabuga uvuga ko Umushinjacyaha w’uru rwego yemeje ko afite imbaraga ku buryo yagezwa imbere y’urukiko, ashingiye kuri raporo za muganga, wo uvuga ko utazi. Ngo nyuma y’ibyo Umushinjacyaha yemeje, ukurikiranwe yajyanwe kwa muganga inshuro ebyiri.

Ugaragaza impungenge z’uko hashingiwe kuri izi raporo, Kabuga ashobora koherezwa mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ruri i Arusha muri Tanzania, akaburanishirizwayo, icyemezo ubona nk’aho cyaba ari kibi cyane kuri we nawo.

Kabuga Félicien yaterewe muri yombi mu gace nka Asnières-sur-Seine mu Bufaransa muri Gicurasi 2020 nyuma y’imyaka irenga 20 yari amaze ashakishwa kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera, nk’uregwa kuba umwe mu baterankunga bakuru b’ibikorwa bya jenoside.

Afungiwe i La Haye guhera tariki ya 26 Ukwakira 2020 nyuma y’icyemezo cyafashwe n’urukiko rwo mu Bufaransa, aho byitezwe aho ashobora kujyanwa muri Tanzania kuburanishirizwayo, mu gihe byakwemezwa bidasubirwaho ko ubuzima bwe buhagaze neza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

  2. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

  3. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

  4. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

  5. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

  6. Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we
    Kabuga na ba bagosora baraduhemukiye aho bategura genocide bashiki bacu babyara bacu bakabata mu misarani batangira ngo Bari kubabara bareke bakire ubutabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *