Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwitegura gusubira ku meza y’ibiganiro hagati yabwo n’Inyeshyamba za AFC/M23, ku rugamba muri Kivu zombi hakomeje kuvuga imirwano ya hato na hato n’ibitero bya drones.
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 9 Mata, havuzwe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, zikorana na FARDC, mu bice bya Mutale na Kamole, muri Gurupoma ya Ziralo, Sheferi ya Buhavu, muri Teritwari ya Kalehe, muri Kivu y’Amajyepfo.
Indi mirwano yagaragaye kandi ahitwa Bindobondobo, muri Gurupoma ya Ufamandu, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko bitangazwa na sosiyete sivile yo muri ako gace, abantu benshi barimo abagore batwite, abana, ndetse n’ababana n’ubumuga, bari guhunga berekeza i Lulambo na Biriko, muri Teritwari ya Walikale.
Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 8 Mata 2026, saa kumi za nimugoroba, indege itagira abapilote y’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa yari yarashe mu gace gatuwe cyane ka Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi yangiza byinshi.