Kampala: Abasore babiri bafunzwe bashinjwa gufata ku ngufu undi musore

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abasore babiri bakekwaho gufata ku ngufu umusore mugenzi wabo w’imyaka 19 i Kampala .

Bivugwa ko bashutse uyu musore bakamujyana mu nzu iri mu gace ka Makindye, mu mujyi wa Kampala mu kwezi gushize.

Umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala, Luke Owoyesigyire, yatangaje ko aba bakekwa bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Katwe mu gihe iperereza no gusuzuma uwahohotewe w’imyaka 19 bikomeje.

“Uwahohotewe yatanze ikirego kuwa Gatandatu itariki 18 Gashyantare. Yavuze ko yafashwe ku ngufu mu kwezi gushize kandi avuga abakekwaho icyaha. ”

Yongeyeho ati: “Abashinzwe iperereza bamwohereje kwa muganga wa polisi kugira ngo bamusuzume. Inzira yose izakurikizwa ku wa Mbere kandi tuzagena ikizakurikira. ”

Hakurikijwe ingingo ya 145 y’itegeko ryerekeye amategeko ahana, yo mu 1950, ni icyaha gukora imibonano mpuzabitsina idasanzwe kandi bikurura igifungo cya burundu iyo ugihamijwe.

Ukekwaho icyaha wa mbere bivugwa ko afite imyaka 23 mu gihe undi afite imyaka 18 nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Uwahohotewe yabwiye abapolisi ko yabanje guhura n’umwe mu bakekwa amusanze aho akorera muri salon ku muhanda wa Salaama i Makindye.

Yavuze ko ukekwaho icyaha yamubwiye ko ashobora kumushakira akazi gahemba neza.

Yavuze ko ubucuti bwabo bwatangiriye aho.

Umuvugizi wa polisi Owoyesigyire yavuze ko umunsi umwe ukekwaho icyaha yatumiye uwahohotewe iwe, aragenda.

Owoyesigyire yabwiye Daily Monitor ati: “Uwahohotewe yavuze ko ukekwaho icyaha yamubwiye ko agomba kurara iwe kugira ngo bajyane kare mu gitondo (kumwereka ahari akazi).”

Yongeyeho ati: ” Uwahohotewe yavuze ko nijoro, ukekwaho icyaha yamweretse aho aryama. Yavuze ko ari uburiri bumwe ukekwaho icyaha na we yari agiye kuryamaho. Igihe yari mu nzu, undi mugabo yaramusuye baramurwanya (uwahohotewe) baramusambanya. ”

Uwahohotewe yabwiye abapolisi ko yaguye mu kantu.

Yababwiye kandi ko yafashe ukwezi abitekerezaho kugira ngo avuge ibyabaye kubera ubwoba no gukorwa n’isoni.

Uwahohotewe yavuze ko nyuma yemerewe kugenda n’akazi yasezeranijwe n’ukekwaho icyaha atakabonye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *