Kasai: Umunyamabanga w’ihuriro rya Katumbi yasabiye amajwi umukandida badashyigikiye

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’ihuriro rya Moise Katumbi ryitwa ‘Ensemble’ kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza yakoze agashya ahamagarira abaturage ba Kananga muri Kasai kuzatora umukandida, Felix Tshisekedi, mu gihe iri huriro rifite undi mukandida wiitwa Martin Fayulu.

Ubwo yafataga ijambo imbere y’imbaga y’abaturage bari bagiye kumva imigabo n’imigambi ya Felix Tshisekedi aha muri Kananga kuri uyu wa Mbere, bwana Delly Sesanga, wari uherekejwe na Claudel Andre Lubaya, nawe wo mu ihuriro Ensemble, yagize gutya asaba abaturage kuzatora Felix Tshisekedi mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza.

Ati: “ Ndabasaba kuzatora numero 20, numero ya Felix Tshilombo Tshisekedi ,”

Iyi nkuru dukesha politico.cd ikaba ivuga ko Delly Sesanga asa nk’uri kwitaza umurongo w’ihuriro abereye umunyamabanga riri inyuma y’umukandida, Martin Fayulu.

jk 1

Ku ruhande rwa Moise Katumbi ariko bo siko babibona. Aba bemeje ko nta gitangaje cyakozwe muri ubu buryo bwo kwamamaza. Ubusanzwe ngo Sesanga na Lubaya, bakomoka muri Kasai, bakaba bahisemo gutanga uyu muhamagaro bagamije kureba ko bazakura amajwi aha hantu mu matora y’abadepite.

Impamvu ngo ni uko aha Kananga muri Kasai ari ku ivuko ry’ishyaka UDPS rya Tshisekedi ndetse ari naho uwashinze iri shyaka, Etienne Tshisekedi yavukiye.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *