Kayonza: Abakozi babiri ba SACCO bakurikiranweho gufatira inguzanyo kuri konti y’umunyamuryango

Sangiza iyi nkuru

Abakozi babiri ba Koperative Umurenge SACCO ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bamaze iminsi 6 bafunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakurikiranweho gufatira inguzanyo kuri konti (compte) y’umuturage, atabizi.

Aba ni Umucungamutungo w’iyi SACCO witwa Uzamukunda Philomene ndetse na Nzeyimana Jean de Dieu ushinzwe inguzanyo muri SACCO, batawe muri yombi tariki ya 16 Ukwakira 2020.

Aba bakozi bakurikiranweho ibyaha bijyanye n’ubu buriganya bibiri birimo: gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yatangarije Bwiza ko aba bakozi bakurikiranweho kunyereza miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba ari yo nguzanyo bafatiye kuri konti y’umunyamuryango wa SACCO mu buryo bw’uburiganya.

Yagize ati: “Bafatiye inguzanyo kuri konte (compte) y’umunyamuryango wa SACCO biza kumenyekana aho umuturage yari agiye kwaka inguzanyo, basanga afite indi nguzanyo atigeze yaka. Ni bwo rero yahise yitabaza RIB, nayo itangira iperereza.”

Dr. Murangira avuga ko dosiye y’ibyaha Uzamukunda na Nzeyimana bakurikiranweho yakozwe, ikaba yashyikirijwe Urwego rw’Ubushinjacyaha ku ishami rya Kabarondo, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020.

Amakuru yageze kuri Bwiza.com kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020, yavugaga ko kuri uyu wa 20 Ukwakira 2020 hari undi mukozi w’iyi SACCO waba watawe muri yombi, gusa Dr. Murangira yavuze ko abatawe muri yombi ari aba babiri gusa, ariko ko n’ubwo dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, iperereza rigikomeje ku buryo habonetse undi wabigizemo uruhare yashyikirizwa ubutabera.

Icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano nikibahama, bazagongwa n’ingingo ya 276 iri mu itegeko rigena ibyaha n’ibihano, bahanishwe igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarengeje imyaka 10; n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyoni ebyiri n’eshatu.

Naho icyaha cyo kunyereza umutungo nikibagama, bazahanishwa ingingo ya 10 ivuga ko uhamwe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 7 n’10 n’ihazabu yikunye inshuro hagati y’3 n’5 agaciro k’umutungo baba baranyereje.

RIB iributsa Abaturarwanda ko itazihanganira abishora mu byaha nk’ibi kuko ubushake, ubushobozi, ubwitange ndetse n’ubufatanye n’abaturage birahari kugira ngo babirwanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *