Kenya: Abagabo batanu bapfuye bitangira umugore  mu gitero cyahitanye 21

Sangiza iyi nkuru

Abagabo batanu bo mu gihugu cya Kenya  bakoreraga Kompanyi ya ‘Cellulant’ bapfuye bagerageza guhisha umugore wari wihishe hamwe nabo mu gitero cy’iterabwoba cyo kuwa 15 Mutarama 2019 mu Mujyi wa Nairobi.

Aba bagabo kuri ubu biswe abagabo batanu b’imitima ikomeye ni  Denis  Munene Mwaniki w’imyaka 29, Jeremiah Mathai Mbaria (31), John Wanyaga Ndiritu (29), Kelvin Kariuki Gitonga (28) and Wilfred Kareithi Waihura (23).

Ubwo Al Shabaab yagabaga igitero mu nyubako ya  Dusit, aba bagabo bagiye kwihisha munsi ya esikariye bari kumwe n’umugore umwe. Kubw’amahirwe make, abagabye igitero barababonye.

Abagabye igitero ngo babanje kubibwira ubundi batangira kubarasa. Aba bagabo ubwo baraswaga urufaya bagerageje guhisha inyuma umugore utigeze atangazwa amazina wari kumwe nabo ku buryo ababarashe batabonye uyu mugore bityo abasha kurokoka.

Inkuru y’ubutwari bw’aba bagabo yagarutsweho ubwo habaga misa yo kubasabira mu Mujyi wa Nairobi kuwa Kabiri w’iki cyumweru nk’uko Ghafla.ke ibitangaza.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Iki gitero cyagabwe na Al Shabaab cyahitanye abantu 21 ndetse na batandatu mu bari bakigabye barahagwa.

Al Shabaab yavuze ko yagabye iki gitero mu rwego rwo gucyaha ibihugu bifite inagabo zibungabunga umutekano muri Somalia.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *