Abakozi ba Komisiyo yigenga y’amatora muri Kenya yijeje abakozi bayo uburinzi buhambaye nyuma y’aho umwe muri bo yiciwe urupfu rw’agashinyaguro mu minsi ishize.
Umukuru w’Igipolisi cya Kenya, IGP Joseph Boinnet akaba yemeje aya makuru mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa Mbere ushize nyuma yo kubisabwa n’iyi Komisiyo y’amatora yigenga yo muri Kenya.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Chris Msando, wari ukuriye urwego rushinzwe itangazamakur, itumanaho n’ikoranabuhanga muri iyi komisiyo, aherutse gukorerwa iyicarubozo mbere yo kumuniga kugeza apfuye nk’uko ibizamini byo kwa muganga byabigaragaje.
Igipolisi cyabonye umurambo we kuwa Gatandatu ushize kimujyana mu buruhukiro nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Komisiyo y’amatora yo yatangaje urupfu rwe kuwa Mbere. Bivugwa ko hari n’umugore wari waraashwe mu mutwe basanze iruhande rwe.
IGP Boinnet, nk’uko iyi nkuru dukesha Africanews ikomeza ivuga, atangaza ko abashinzwe iperereza bari gukurikirana bahereye kuri amwe mu makuru y’ingenzi bafite ashobora kubageza ku guta muri yombi abishe Msando bagashyikirizwa urukiko.
Kuri uyu wa kabiri ushize, abaturage bababajwe n’urupfu rwa Msando bakaba barakoreye imyigaragambyo imbere y’ibiro bya komisiyo y’amatora basaba ko hakorwa iperereza ryihuse ku rupfu rw’uyu wari umuyobozi muri iyi komisyo, ibintu byateye n’ubwoba hibazwa icyizere cyahabwa amatora ya perezida wa Kenya ateganyijwe mu cyumweru gitaha kuwa 08 Kanama 2017.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


