Kenya: Abigaragambya birukankanye Polisi iyabangira ingata

Sangiza iyi nkuru

Abanya-Kenya bashyigikiye uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi kuri uyu wa Mbere birukankanye abapolisi mu ntara ya Kisumu, biba ngombwa ko bakizwa n’amaguru.

Ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yaramukiye mu mijyi itandukanye y’igihugu cya Kenya kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023.

Ni imyigaragambyo umunyapolitiki Raila Odinga ukuriye ihuriro Azimio la Umoja ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto yahamagariyemo abamushyigikiye, mu rwego rwo kwigaragambiriza ikiguzi cy’imibereho gikomeje kuzamuka muri Kenya ndetse n’icyo yise ubujura bwaranze amatora.

Ni nyuma yo gutsindwa na Perezida Ruto mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mwaka ushize, gusa akanga kwemera ibyayavuyemo.

Kuva mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi kugera mu mijyi y’intara zitandukanye zigize Kenya guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere inzego z’umutekano ziriwe zihanganye n’abigaragambya.

Amashusho yagiye hanze yerekana inzego zirimo Polisi zitatanya abigaragambya zifashishije ibyuka biryana mu maso ndetse zinabacucira amazi; abandi na bo ariko bazivuza amabuye.

Mu ntara ya Kisumu ubwo Polisi yageragezaga gusubiza inyuma abigaragambya byabaye ngombwa ko bayisumbya imbaraga birukankana abapolisi; biba ngombwa ko bayabangira ingata.

Ikinyamakuru The Star cyatangaje ko muri iyi ntara ibiro bitandukanye by’ishyaka UDA riri ku butegetsi byasenyaguwe; ndetse hanatwikwa imodoka ebyiri.

Muri Kisumu kandi hasahuwe ibicuruzwa byinshi cyane na ho ibindi byinshi birangizwa.

Visi-Perezida wa Kenya, Rigathi Gacagua, yatangaje ko imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Mbere yatumye Kenya ihomba Ksh miliyari ebyiri (Arenga Frw miliyari 16.5) bijyanye no kuba ubuzima hirya no hino mu gihugu busa n’ubwari bwahagaze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *