Kenya : Babiri bamaze kugwa mu myigaragambyo yakurikiye amatora

Sangiza iyi nkuru

Imvururu zirangwa n’imyigaragambyo zirakomeje muri Kenya, nyuma y’amatora ya Perezida wa Repubulika, imibare igaragaza ko Uhuru Kenyatta wari usanzwe uyobora iki gihugu ari we uri imbere atsinze Raila Odinga bari bahanganye.

Abashyigikiye Raila Odinga biraye mu mihanda batangira imyigaragambyo nyuma yuko atangaje ko aya matora yibwe. Kugeza ubu abantu babiri bamaze kuraswa na Polisi i Nairobi, mu gace kegereye uyu mujyi ka Mathare.

Odinga avuga ko amajwi yibwe biciye mu buryo bw’ikoranabuhanga bwakoreshejwe

Umwe mu bayobozi utatangaje amazina yavuze ko abarashwe bari mu bigaragambya, ariko ngo bamwe muri bo bari abajura. Polisi yari igiye kugarura umutekano muri ako gace yabarashe barapfa.

Abigaragambyaga i Nairobi
Abigaragambyaga i Nairobi

Umunyamakuru wa AFP ybonye umurambo w’umwe mu barashwe, amasasu yafashe mu mutwe.

Mu mujyi wa Kisumu naho Polisi yarashe ku bigaragambyaga bashyigikiye Odinga bateraga amabuye banavuga ko bahakanye ibyavuye mu matora. Polisi yateye ibyuka biryana abigarambya.

Amajwi amaze kubarurwa na Komisiyo y’amatora agaragaza ko Kenyatta yagize agera kuri 54,35 % agakurikirwa na Odinga wagize 44,78 % mu majwi y’ahasaga 95% hamaze kubarurwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Muri iki gihugu ibikorwa by’amatora byaherukaga gukurikirwa n’imyigaragambyo yaguyemo abantu basaga 1200 mu mwaka wa 2007. Icyo gihe Raila Odinga nabwo yari yanze ibyavuye mu matora.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *