Kuri uyu wa Gatatu, itariki 25 Kamena, nibura abantu umunani bishwe igihe ibihumbi n’ibihumbi bigabizaga imihanda kugira ngo bizihize umwaka umwe ushize habaye indi myigaragambyo yiciwemo benshi.
Ni imyigaragambyo bivugwa ko icyo gihe yagaragayemo abapolisi bambaye imyenda ya gisivili barasa abigaragambyaga bamagana leta.
Imibare yatanzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International, yo ivuga ko hapfuye abantu 16.
Kuri uyu wa Gatatu abayobozi ba Kenya bari bafunze Inteko Ishinga Amategeko n’ibiro bya perezida i Nairobi, ndetse babujije gutangaza imbonankubone imyigaragambyo nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Kenya (KNCHR) ivuga ko impfu zose bigaragara ko zatewe n’ibikomere by’amasasu.
KNCHR yongeyeho ko byibuze 61 batawe muri yombi mu gihugu hose.
Mu kwezi nk’uku kwa gatandatu umwaka ushize, bivugwa ko byibuze abantu 60 bapfuye ubwo abashinzwe umutekano bagonganaga n’abigaragambyaga barakajwe n’izamuka ry’imisoro.
Mu gihe imyigaragambyo y’umwaka ushize yaje kugabanuka nyuma y’uko Perezida William Ruto ahagaritse umushinga w’itegeko ryo kongera imisoro ritavuzweho rumwe, uburakari bw’abaturage ku guhohoterwa na polisi buracyari bwinshi.
Urupfu rw’umu-blogger wari uri mu maboko ya polisi mu ntangiriro z’uku kwezi rwarushijeho kongera uburakari.


