Kenya: Hamaze gutabururwa imirambo y’abakabakaba 50 ‘biyicishije inzara’ ngo bahure na Yesu

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Kenya yatangaje ko imaze gutaburura imirambo y’abantu 47 hafi y’umujyi wa Malindi uri hafi y’inyanja y’Abahinde, mu gihe hakomeje iperereza ku mukuru w’idini ushinjwa gukangurira aba bantu kwiyicisha inzara kugeza bapfuye.

Mu bamaze gutabururwa harimo imibiri y’abana.

Gushakisha indi mibiri birakomeje aho yahambwe mu buryo budakwiye mu ishyamba rya Shakahola.

Mu cyumweru gishize abantu 15 bo mu idini ryitwa Good News International Church baratabawe ubwo polisi yabasangaga mu nzu barembejwe n’inzara.

Umugore umwe mu batabawe wari umerewe nabi cyane byo gupfa yerekaga polisi ko adashaka ko hari umutabara, nk’uko The Nation yabyanditse.

Umukuru w’iri dini Paul Mackenzie Nthenge kuri ubu afunzwe mu gihe ategereje kugezwa imbere y’ubutabera.

Umwe mu myobo imaze gukurwamo imirambo basanzemo abantu batanu bo mu muryango umwe, barimo abana batatu n’ababyeyi babo.

Mackenzie Nthenge ahakana ko hari ikibi yakoze, akavuga ko yafunze urusengero rwe mu 2019.

Ashinjwa gushishikariza abayoboke be ngo biyicishe inzara kugira ngo “bahure na Yesu mu ijuru.”

Polisi yafashe uyu mugabo tariki 15 Mata nyuma y’uko hatahuwe imirambo y’abantu bane bikekwa ko bapfuye bazize inzara.

Victor Kaudo, umukozi wa Malindi Social Justice Centre, yabwiye Citizen TV ko “Tugeze muri iri shyamba tukabona umusaraba munini kandi muremure, twamenye ko bivuze ko hari abantu benshi bahambye hano”.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Kenya, Kithure Kindiki, yavuze ko iri shyamba rya hegitari 320 ryahise rifungwa kandi rikaba ahantu hakorewe icyaha.

Uriya munyedini bivugwa ko imidugudu itatu yayise Nazareti, Betelehemu na Yudeya maze akabatiza abayoboke mu kizenga mbere yo kubasaba kutarya.

Hagati aho, aho Mackenzie Nthenge afungiye kuva kuwa gatandatu yatangiye kwigaragambya yanga kugira ikintu atamira, habe n’amazi yo kunywa, avuga ko ari kwibabaza no gusenga nk’uko polisi ibivuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *