Polisi muri Nairobi mu gihugu cya Kenya yasatse ibiro bifite aho bihuriye na Visi Perezida w’iki gihugu, William Ruto, umwe mu bakandida bakomeye mu bazaba bahatanira umwanya wa perezida mu matora ateganyijwe ku itariki ya 9 Kanama 2022.
Igipolisi cyavuze ko muri uko gusaka abapolisi bafashe mudasobwa ebyiri na mugabuzi (servers) ebyiri.
Umutegetsi wo mu bunyamabanga bushinzwe ibikorwa byo kwamamaza uyu Visi Perezida wa Kenya yabwiye BBC ko badashaka gushorwa mu byo yise “ibintu byo ku ruhande gusa n’ibintu byo kurangaza”.
Ibi biro byasatswe mu gihe hari ubushyamirane hagati y’inzego z’umutekano za Kenya n’akanama k’amatora kigenga k’iki gihugu, IEBC, (Independent Electoral and Boundaries Commission).
Umuyobozi w’aka kanama mu cyumweru gishize akaba yaranenze icyemezo cyo gufunga abakozi batatu b’abanyabiraka (badahoraho) b’aka kanama, bahawe ikiraka cyo gukora ku buryo bwo gutora hifashishijwe ikoranabuhanga.
Polisi yahakanye ibirego bya IEBC, ivuga ko nta gihamya yari ihari igaragaza ko akanama k’amatora kari karahaye akazi abo banyamahanga batatu cyangwa ko ari abakozi b’ikigo cy’ikoranabuhanga cyahawe ikiraka n’ako kanama k’amatora.
Aya matora ya perezida muri Kenya arimo kubonwa nko guhatana gukomeye hagati ya Ruto na Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’intebe.


