Kenya iracyakeneye ubufasha bw’u Rwanda ku ikoranabuhanga ryo gukusanya imisoro

Sangiza iyi nkuru

Kenya irashaka ubufasha bw’u Rwanda mu guhindura uburyo bwo kwishyuza imisoro hakoreshejwe ikoranabuhanga kugira ngo hongerwe imisoro, cyane cyane mu nzego zitamenyekanisha uko zinjije (informal sector) .

Ubu buryo bw’ikoranabuhanga bwo kwishyuza imisoro bwatumye u Rwanda rukuba hafi inshuro ebyiri imisoro ku nyongeragaciro, kandi Kenya yizeye kwigana ibyagezweho n’u Rwanda.

Nubwo Kenya isanzwe ikoresha imashini zitanga inyemezabwishyu hakoreshejwe ikoranabuhanga (EBM), abahanga bavuga ko sisitemu yananiwe mu rwego rwa informal sector. Ni mu gihe version y’u Rwanda ya EBM itanga amakuru nyayo ku gihe kandi iragenda irushaho kugera kuri ba batu batamenyekanisha ubucuruzi bwabo, bigatuma irushaho gukora neza mu gukusanya imisoro.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda (RRA) cyahuguye abakozi ba Kenya Revenue Authority (KRA) kinafasha mu gusuzuma software kuva muri Kanama 2022. U Rwanda rwahaye Kenya ikoranabuhanga, rikoreshwa kuva mu 2017.

Intego zitagerwaho

Iyi nkuru dukesha The East African ivuga ko Kenya itageze ku ntego zayo mu gice cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2022 ihomba asaga miliyoni 340$. KRA yakusanyije miliyari 7.8 z’amadolari mu gice cya mbere cy’uyu mwaka w’ingengo y’imari, muri miliyari 20.1 z’amadolari yose yagombaga gukusanya umwaka wose, bivuze ko iki kigo kizakenera gukuba hafi kabiri umusaruro winjira mu mezi asigaye kugira ngo kigere ku ntego.

Ku wa Kabiri, mu kiganiro n’abanyamakuru i Kigali, Perezida William Ruto wari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yarabasangije ikoranabuhanga, byatumye ikigo gishinzwe gukusanya imisoro cya Kenya kirushaho gukora neza mu gukusanya umusoro ku nyongeragaciro.

Yagize ati: “Mushobora kumenya ko Kenya yungukiwe mu nkunga y’u Rwanda. Nahamagaye nyakubahwa, kandi yatugiriye neza aduha ikoranabuhanga ryabo ryo gucunga TVA. Kubera urwo rubuga, twabonye iterambere mu gukusanya umusoro ku nyongeragaciro. ”

Kuva mu 2017, umusoro ku nyongeragaciro u Rwanda rwinjiza wiyongere ku rugero rwa 48%.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *