Kenya: Raila Odinga mu Rukiko rw’Ikirenga nyuma yo kutemera ibyavuye mu matora

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, aratangira kurwanya ibyavuye mu matora y’umukuru w’umukuru yabaye muri uku kwezi mu Rukiko rw’Ikirenga, nk’uko byatangajwe itsinda rye ry’abanyamategeko.

Umwunganizi we, Paul Mwangi, yasubije ikibazo cya Reuters mu nyandiko ati: “Yego turabikora.”

Mu cyumweru gishize, Umuyobozi wa Komisiyo Yigenga y’Igihgu y’Amatora muri Kenya yatangaje ko Visi Perezida William Ruto yatsinze amatora ku kinyuranyo gito cy’amajwi, ariko bane kuri barindwi mu bakomiseri b’iyi komisiyo ntibavuze rumwe n’ibyatangajwe, bavuga ko ibarura ry’amajwi ritabaye mu mucyo.

Iyi ni inshuro ya gatanu Odinga agerageza kuba perezida kandi buri gihe yagiye avuga ko atsindwa kubera kwibwa amajwi. Ayo makimbirane yateje urugomo rwahitanye abantu barenga 100 muri 2017 ndetse n’abantu barenga 1200 mu 2007.

Mu 2017, Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro ibyavuye mu matora maze rutegeka ko asubirwamo, Odinga yanga kuyitabira, avuga ko atizera komisiyo y’amatora.

Kuri iyi nshuro, Odinga ashyigikiwe n’inzego za politiki. Perezida Uhuru Kenyatta yashyigikiye kandidatire ya Odinga nyuma yo gutandukana na Ruto nyuma y’amatora yo mu 2017.

Iki kibazo ngo ni ikigeragezo ku gihugu gikize cyane muri Afrika y’uburasirazuba kandi gifite umutekano, kikaba gifite icyicaro gikuru cy’ibigo bikomeye mpuzamahanga nka General Electric, Google, na Uber. Kenya kandi itanga ingabo zo kubungabunga amahoro ku baturanyi ba Somalia kandi ikunze kwakira ibiganiro by’amahoro ku bindi bihugu byo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba birimo imidugararo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *