Kenya: Umunyeshuri yiciwe mu myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki 20 werurwe, umunyeshuri yiciwe muri Kenya ubwo imirwano hagati y’inzego zishinzwe umutekano n’abigaragambyaga barwanya leta yafataga intera nyuma y’aho umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Raila Odinga ahamagaje imyigaragambyo ya buri cyumweru kubera igiciro cy’imibereho gikomeje kuzamuka .

Igipolisi gishinzwe kurwanya imyigaragambyo cyarashe imyuka iryana mu maso kinatera amazi abigaragambyaga mu gihe intambara y’amabuye n’inkoni yari irimbanyije hagati y’abigaragambya n’abapolisi mu bice by’umurwa mukuru Nairobi ndetse byibuze no mu wundi mujyi.

Abayobozi bakuru batavuga rumwe n’ubutegetsi nabo bari mu bantu benshi batawe muri yombi nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ivuga.

Iyi ni yo myigaragambyo ikomeye ya mbere muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburasirazuba kuva Perezida William Ruto yatangira imirimo ye mu mezi atandatu ashize nyuma y’amatora yatsinzemo Odinga.

Mu mujyi wa Maseno wiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu burengerazuba bwa Kenya, igipolisi cyavuze ko umunyeshuri yishwe nyuma y’uko abapolisi barashe amasasu mazima mu gihe cy’imirwano n’abigaragambyaga “bateraga amabuye”.

Polisi yagize iti: “William Mayange, umunyeshuri mu mwaka wa gatatu, yakubiswe ku ijosi. Yahise ajyanwa mu Bitaro bya Coptic aho bavuga ko yapfuye akihagera.”

Odinga, ufite imyaka 78, yari yahamagaje imyigaragambyo yo kwamagana leta ya Ruto kubera ibibazo by’ubukungu Abanyakenya basanzwe bahura nabyo kandi avuga ko yibwe mu matora.

Yabwiye abamushyigikiye i Nairobi ati: “Intambara yatangiye, ntabwo izarangira kugeza Abanyakenya babonye uburenganzira bwabo”.

Umuvugizi wa Odinga, Dennis Onyango, yatangaje ko isasu rya polisi ryakubise imodoka y’uyu muyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, ariko ntibyashobotse kugenzura aya makuru mu bwisanzure.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *