Kenya: Umupasiteri yakatiwe imyaka 70 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Umupasiteri w’ahitwa Ngong muri Kenya washinjwe gusambanya abana bato babiri mu myaka 11 ishize akoresheje izina ry’Imana yakatiwe igifungo cyimyaka 70.

Kuri uyu wa Kabiri ushize, umucamanza mukuru mu rukiko rwa Milimani, Caroline Njagi, yakatiye pasiteri igifungo cy’imyaka 50 ku kirego cya mbere n’imyaka 20 ku kirego cya kabiri.

Ushinjwa ariko azafungwa imyaka 50 nyuma y’uko urukiko rutegetse ko ibihano bikomatanywa nk’uko iyi nkuru dukesha The Star ivuga.

Mu cyumweru gishize, uyu wiyitaga umukozi w’Imana yahamijwe icyaha cyo gusambanya abana bafite imyaka 11 na 14 yitwaje imirongo yo muri bibiliya n’ukundi gushukana.

Uyu mugabo yashinjwe ibyaha bibiri byo gusambanya inshuro nyinshi abana b’ababayoboke b’itorero rye.

Mu cyemezo cye, Umucamanza Njagi yavuze ko ibimenyetso byatanzwe mu rukiko byashimangiye ibirego byashinjwaga pasiteri nta gushidikanya na gato.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *