Kenya: Umupolisi washinjwaga kwica impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu yakatiwe igihano cy’urupfu

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, uwahoze ari umupolisi wa Kenya yakatiwe urwo gupfa azira kwica umunyamategeko w’uburenganzira bwa muntu Willie Kimani n’abandi bantu babiri .

Abandi bapolisi babiri n’umusivili wahaga amakuru igipolisi na bo bahamwe n’icyaha cyo kwica Kimani, umukiriya we, n’umushoferi wa tagisi.

Fredrick Leliman yakatiwe urwo gupfa, mu gihe abandi batatu bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 20 na 30 nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency.

Iyicwa rya Kimani, wari uzwiho ibikorwa bidacogora mu kurengera abaturage bahejejwe inyuma, ryatunguye Kenya kandi bituma ubwicanyi ndengakamere muri iki gihugu bugaragara.

Yishwe ubwo yakoraga ku kibazo cy’ihutaza ry’abantu rikorwa na polisi.

Imirambo ya Kimani, Josephat Mwenda, na Joseph Muiruri yabonetse mu ruzi ruherereye mu nkengero z’umurwa mukuru, Nairobi, bitera umujinya no gusaba ubutabera ku ruhande rw’abaharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’Abanyakenya muri rusange.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’abavoka bakurikiraniye hafi uru rubanza nk’ikigeragezo ku bushobozi bw’ubucamanza bwa Kenya bwo gukurikirana abantu bari mu myanya ikomeye.

Kuri uyu wa Gatanu, icyemezo cy’umucamanza Jessie Lessit cyashimwe nk’intsinzi y’ubutabera ndetse n’intambwe iganisha ku gukumira ko ibintu nk’ibi bitazongera kubaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *