Urukiko Rukuru rwa Isiolo mu gihugu cya Kenya rakatiye imyaka 100 y’igifungo uwitwa Osman Lado Gale nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba .
Uyu yahamijwe ibyaha bigera kuri 12 yari akurikianweho nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga The Star rwo muri Kenya ivuga.
Bivugwa ko ku itariki ya 28 Werurwe 2017, Lado yasanganwe telephone irimo amashusho atandukanye ubwo yari kuri station ya polisi ya Isiolo.
Polisi yavuze ko ayo mashusho yari ibintu byari gukoreshwa mu gikorwa cy’iterabwoba.
Ibiro by’umushinjacyaha wa repubulika kuri uyu wa Gatatu byatangaje ko iki cyaha kinyuranyije n’ingingo ya 24 y’itegeko ryo gukumira iterabwba ryo mu 2012.
Uyu mugabo akaba yarahamijwe ibyaha n’umucamanza Lucy Kathure ku itariki 14 Nzeri 2022 nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.
Umucamanza yemeje ko ku cyaha cya mbere, Lao agomba guhanishwa imyaka 15 y’igifungo, icya kabiri imyaka 30, imyaka 15 ku cyaha cya gatatu n’icya cyenda, 12 ku cyaha cya 12 n’imyaka 25 ku cyaha cya 10 n’icya 11.
Ariko, biteganyijwe ko ibi bihano bizavunjwa mu gihano kirimo kiruta ibindi, bikaba bivuze ko azafungwa gusa imyaka 30.


