Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yihanangirije abapolisi b’abanyarugomo avuga ko bazfatirwa ibyemezo bikakaye. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, nyuma yo gusura imiryango 105 yirukanywe aho yari ituye i Kiriko, mu Ntara ya Nakuru, Gachagua yavuze ko Guverinoma ya Kenya Kwanza itazihnganira abapolisi bakoresha nabi imyanya yabo .
Gachagua yavuze ibi nyuma gato yo gusura imiryango yirukanwe ayishyiriye ibyo kurya n’ibindi bikoresho nk’uko iyi nkuru dukesha ikinymakuru The Star ivuga.
“Ntabwo tuzemera ko abapolisi bateza akaduruvayo. Akazi kabo ni ukurinda ubuzima n’umutungo w’Abanyakenya. Turasaba abapolisi bigize intakoreka kukibamo cyangwa kuvamo. Ntabwo bizaba business nk’uko bisanzwe, ”ibi bikaba byavuzwe na Gachagua abinyujije ku rubuga rwa Instagram.
Gachagua yavuze kandi ko hazafatwa ingamba ku bayobozi ba leta bahagarikiye uko kwimurwa w’abaturage.
Ati: “Twababajwe cyane no kudahana no kutita ku ndangagaciro za kimuntu mu cyumweru gishize. Nabasuye kare uyu munsi kandi ibintu biteye ubwoba. Birababaje kubona abapolisi n’abandi bayobozi ba guverinoma y’igihugu ku rwego rw’intara, bakoreshwa n’Abanyakenya, barakoresheje umutungo wa Leta mu kugenzura isenywa ry’amazu ”.
Kwirukanwa ngo byasize abantu barenga 500, barimo abasaza n’abana, mu mbeho, nta biryo, nta mazi, nta kintu na kimwe.
Visi Perezida yavuze ko ubuyobozi bwa Perezida William Ruto butazihanganira igikorwa icyo ari cyo cyose kigamije gusuzugura Abanyakenya.


