Kibira: Imbonerakure 4 n’Abanyarwanda 2 bafatiwe mu bucukuzi butemewe bwa zahabu

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatanu ushize, Imbonerakure (Urubyiruko rwa CNDD-FDD) enye n’Abanyarwanda babiri bafatiwe mu kirombe cya zahabu mu ishyamba rya Kibira. Ni ku musozi wa Kibande muri zone na Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi). Bashinjwa gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe no kwangiza ibidukikije, bakaba bajyanywe i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Komini Mabayi wemeza aya makuru, ngo aba bagabo batandatu batawe muri yombi mu gikorwa cyahurijwe hamwe n’abagize komite ishinzwe umutekano n’abapolisi kugira ngo “barandure itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bavuga Kinyarwanda rifite icyicaro mu ishyamba rya Kibira”.

Umwe mu ngabo z’igihugu zikorera muri ako karere avuga ko abantu bitwaje intwaro bacukura mu buryo butemewe zahabu mu ishyamba rya Kibira nk’uk iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga.

Ati: “Usibye uko gucukura mu buryo butemewe n’amategeko, barimo kwangiza ibidukikije. Dufite inshingano zo kubirukana. […] ”.

Abaturage bavuga ko bigoye kurwanya abacukuzi batemewe muri Kibira “kubera ko bakorana n’Imbonerakure, abayobozi mu gisirikare, abapolisi ndetse n’ubutasi bw’u Burundi, n’abayobozi bamwe na bamwe”.

“Imbonerakure zigamba ko zidakorwaho. Bari muri sisitemu yateguwe neza n’abayobozi. Ariko abanyamwete benshi bahishura ibanga barafatwa bakajyanwa i Bujumbura. Hariho n’abayobozi b’ibanze baho bafunzwe bazira nk’ibyo. Ariko turatekereza ko ari ukuyobya uburari. ”

Mu gihe kitarenze umwaka, Imbonerakure esheshatu n’abayobozi umunani baho batawe muri yombi. Bashinjwa gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko cyangwa gukorana n’itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafungiye muri gereza ya Bujumbura bakunze kwita Mpimba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *