Kigali: Kompanyi yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru

Sangiza iyi nkuru

Kompanyi yitwa Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru Didas Niyibizi wayikozeho inkuru, aho abagore bane bashinja bosi wayo, Rukundo Samuel kubasaba kuryamana kugira ngo abishyure amafaranga babaga barakoreye bacururiza kompanyi ye.

Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) kuwa 6 Ugushyingo 2020 yatsinzwe urubanza rwari mu Rukiko rw’Ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali aho ivuga ko inkuru Niyibizi Didas yayikozeho yatumye ihomba.

Muri iyi nkuru nk’uko The Chronicles ibitangaza, Niyibizi yari yabwiwe n’abo bagore bose uko ari bane ko Rukundo Samuel yagiye abasaba ko baryamana ngo abishyure imishahara yabo, ariko barabyanga. Rukundo na we icyo gihe yahawe urubuga, ahakana ibyo aba bagore bamuvugagaho.

Ibi ni byo byatumye iui kompanyi ya Rukundo igeza mu nkiko Didas Niyibizi ivuga ko abo bahanganye mu bushabitsi buririye kuri iyi nkuru bakayigusha mu gihombo.

Urukiko rwaburanisihije uru rubanza rwanzura ko GBC Ltd itsinzwe ndetse ko igomba kwishyura Frw ibihumbi 500 nk’indishyi y’akababaro kuri Didas Niyibizi. Ni mu gihe abavoka b’urega basabaga miliyoni 81 uregwa nk’ubwishyu bw’igihombo bavuga ko yateje kompanyi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kigali: Uwashinjwe gusaba abagore ko baryamana ngo abishyure yatsinzwe urubanza
    Yashakaga gucecekesha itangazamakuru ntiyamenya ko mu Rwanda ubutabera buhagaze neza

  2. Kigali: Uwashinjwe gusaba abagore ko baryamana ngo abishyure yatsinzwe urubanza
    Yashakaga gucecekesha itangazamakuru ntiyamenya ko mu Rwanda ubutabera buhagaze neza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *