Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, ni umwe mu banyacyubahiro bahagarariye ibihugu byabo na za Guverinoma, imiryango mpuzamahanga n’ibindi, bari i Kigali aho bifatanya n’Abanyarwanda mu biroro by’isabukuru y’imyaka 25 rumaze rwibohoye.
Kimwe n’abandi banyacyubahiro barimo abakuru b’ibihugu birindwi, Louise Mushikiwabo wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda mbere yo kuyobora OIF, yasesekaye i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Nyakanga 2019, yakirwa ku kibuga cy’indege n’abayobozi batandukanye.

Abayobozi barindwi b’ibihugu bya Afurika baraye bageze i Kigali aho bagiye kwitabira ibi birori by’umunsi wo kwibohora” wizihizwa kuri uyu wa kane, tariki ya 4 Nyakanga.

Umuyobozi wahageze mbere ni Perezida Faustin Archange Touadera wa Repubulika ya Centre Afrique, yakurikiwe na Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na Hage Geingob wa Namibia, nkuko bitangazwa na leta y’u Rwanda.

Abandi bageze i Kigali ni Perezida Faure Gnassingbé wa Togo, Visi Perezida wa Nigeria Yemi Osinbajo, Perezida Julius Maada Bio wa Sierra Leone na Perezida Eric Masisi wa Botswana.
Ku nshuro ya 25, u Rwanda rurizihiza umunsi wo kwibohora, mu birori bibera kuri sitade Amahoro i Kigali. BBC itangaza ko ba Perezida b’ibihugu bituranyi by’u Burundi na Uganda, batitezwe kugera i Kigali uyu munsi kubera umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi.



