ibaruwa_y_umucamanza_ruth_yo_kwivana_mu_rubanza.jpg

Kigali: Umucamanza yikuye mu rubanza kuko batari bamwizeyeho ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’inteko y’abacamanza yikuye mu rubanza nkuko yari yabisabwe mu iburanisha ry’ibanze ryabereye mu Rukiko Rukuru rukorera i Nyamirambo ryabaye tariki ya 26 Nzeri 2022, ubwo yari abisabwe n’abunganira Me MHAYIMANA Isaie bari bamusabye kwikura mu rubanza kuko batamwizeyeho ubutabera mu rubanza baburana n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda.

Abo ku ruhande rwa Me MHAYIMANA baburanaga n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, basobanuye ko inteko bahawe ngo iburanishe urubanza ari yo yabarenganyije mbere, bikanatuma Urukiko rw’Ikirenga rusaba ko urubanza ruzasubirwamo ku mpamvu z’akarengane. Ibi ngo ni byo byatumye bandikira Perezida w’urukiko basaba ko iyi nteko itagaruka mu iburanishwa kuko ibiburanwa bisa n’ibya mbere 95%, basabye umucamanza ubwe kwikura mu rubanza kugira babone kwizera ubutabera.

Mu ibaruwa yanditswe tariki ya 05/10/2022, n’Umucamanza Mukabalisa Ruth , wari anakuriye inteko iburanisha yavuze ko ashingiye ku ngingo ya 104 y’Itegeko No 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 yivanye mu rubanza.

Ati : “Nshingiye kubiteganywa n’ingingo ya 104 y’Itegeko No 22/2014 ryo ku wa 29/04/2018 , itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, ,iz’umurimo n’iz’ubutegetsi, iteganya ko , iyo umucamanza asanze har’imwe cyangwa nyinshi mu mpamvu avuzwe mu ngingo ya 103 y’iri tegeko imureba, yivana mu rubanza abimenyesheje Perezida w’Urukiko mu nyandiko.Izindi mpamvu zitari izo , umucamanza azigena akurikije ubushishozi bwe nazo akazimenyesha perezida w’urukiko mu nyandiko, bityo mu nyungu z’ubutabera , n’ubwisanzure bw’ababuranyi mu miburanire y’urubanza nivanye mu rubanza RAD DOO12/2022/HC/KIG.”

Ibaruwa yandikiye perezida w’Urukiko yikura mu rubanza

ibaruwa_y_umucamanza_ruth_yo_kwivana_mu_rubanza.jpg

Kigali: Abunganira Me Mhayimana basabye Perezida w’inteko iburanisha kwikura mu rubanza kuko batizeye ubutabera yabaha

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kigali: Umucamanza yikuye mu rubanza kuko batari bamwizeyeho ubutabera
    Uyu musaza ni matatizo. Nagire asezererwe mu rugaga.
    Wagirango nawe yatuye Kangondo

  2. Kigali: Umucamanza yikuye mu rubanza kuko batari bamwizeyeho ubutabera
    Uyu musaza ni matatizo. Nagire asezererwe mu rugaga.
    Wagirango nawe yatuye Kangondo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *