Mu gihugu cya Uganda baratabariza Ishuri Ribanza rya Rwenjubu rifite abanyeshuri bagera kuri 300,rifite ibibazo birimo kubona amazi meza bigoranye, inyubako zidahagije, kubura amacumbi y’abakozi, no kubura ubwiherero butandukanyijwe ku byiciro by’abakobwa n’abahungu.
Amashuri afashwa na leta yo mu Karere ka Kiruhura, harimo n’Ishuri Ribanza rya Rwenjubu Church of Uganda ryo mu Murenge wa Kashongi, ari mu bibazo bikomeye byo kugira ibikorwa remezo, bikanahangayikisha ababyeyi, abarimu, n’abaturage muri rusange.

Geofrey Atuhairwe, umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Rwenjubu, asaba leta n’abayobozi b’inzego z’ibanze kwita ku bibazo by’inyubako z’iri shuri.
Ati:”Dukeneye ubufasha bwa leta n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kiruhura kugira ngo turusheho guteza imbere inyubako z’ishuri. Izii ntabwo zibereye kwigirwamo.”
Sam Bimanywa, Perezida w’Inama y’Ababyeyi n’Abarimu y’ishuri (PTA), yashimangiye ko ibyo Atuhairwe yavuze, agaragaza ibibazo by’inyubako ko bihari.
Ati:”Ishuri ryacu rirabura inyubako zikwiriye n’aho abarimu baba. Ntitunafite ubwiherero bw’abakobwa, kandi abana bararya nabi. Dusaba leta kudufasha.”
Ishuri rifite abanyeshuri 21 mu mwaka wa karindwi gusa, n’abanyeshuri bose hamwe bagera kuri 300, ariko biracyagoranye mu guha abanyeshuri serivisi zikwiriye.
Ibibazo by’ishuri rya Rwenjubu bisa n’ibyo mu ishuri rya Rwenjiri, aho Umuyobozi wungirije Robert Atwine yasobanuye ibibazo by’ibura ry’amazi meza n’ibibazo by’inyubako mbi.
Yavuze ko ababyeyi benshi bafite ibibazo by’ubukene bityo bikagabanya ubushobozi bwabo mu gutanga umusanzu.
Ati:”Ishuri ryacu riri mu bibazo bikomeye bitewe n’ibura ry’ubushobozi ndetse n’ubukene bw’ababyeyi. Ibi bigira ingaruka ku bana mu kubona iby’ibanze,” Atwine yasobanuye.
Ishuri Ribanza rya Moya Church of Uganda naryo ribayeho nabi. Umuyobozi waryo Mercy Naturinda yavuze ko umubare w’abanyeshuri uri hasi cyane, aho rufite abanyeshuri 157 gusa, n’abanyeshuri batanu mu mwaka wa karindwi.

Naturinda ati:”Imimerere mibi ituma bigorana gutuma abanyeshuri babasha kwiga neza kandi bagahera mu ishuri. Dufite ubushobozi buke, bigatuma bigorana gutanga uburezi bufite ireme mu mimerere nk’iyi.”
Umuntu ushyira mu gaciro Allen Natukunda Kagyina, uherutse gusura amashuri yo muri aka karere, yagaragaje impungenge ku bw’ibikorwa remezo bitameze neza.
Mu gihe yashishikarizaga abanyeshuri kandi abaha ibikoresho by’ishuri, yasanze hakenewe kwihutira kunoza imimerere y’aya mashuri.
Ati:”Ndasaba abantu bafite umutima wo gufasha gusura no gutera inkunga aya mashuri kugira ngo abana bacu babashe kwiga neza. Ni inshingano zacu kuzamura aya mashuri kuko leta yayashyizeho, ariko tugomba gufatanya ngo atere imbere.”
Ibibazo biri mu mashuri ya Rwenjubu, Rwenjiri, na Moya Biragaragaza ko ibibazo bihari ku mashuri afashwa na leta mu Karere ka Kiruhura, aho ibikorwa remezo n’ibikoresho bihari bidahagije.

Abaturage n’abayobozi b’amashuri bakomeje kugira icyizere, basaba leta kubafasha mu guha abanyeshuri bo mu Karere ka Kiruhura ibigo bifite umutekano kandi bishobora kubafasha kwiga neza.


